RUSIZI: BARISHIMIRA INTAMBWE BATEYE MU BUREZI
Posted on February 19, 2013 by admin in Ibikorwa
Akarere ka Rusizi karishimira imitsindishirize y’abana mu mwaka w’amashuri wa 2012 ugereranyije n’umwaka wawubanjirije kuko ngo kongereye amanota. Gusa mu nama y’abayobozi b’Ibigo by’amashuri yateranye kuri uyu wa gatanu, tariki 15/2/2013 abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakanguriwe kurushaho gukurikirana imyigishirize mu bigo bayobora kandi bakagira imihigo n’abarezi kugira ngo bazarusheho gutsindisha muri uyu mwaka w’amashuri.
Umurenge wa Bugarama umaze imyaka ine uza ku isonga mu mitsindishirize y’abana. Ibanga ngo ni ugukora cyane kandi bagategura amasomo y’isubiramo ku bana bo mu mashuri abanza
Naho Umurenge wa Butare kuba waraherutse indi mu mitsimdishirize y’abana muri ako karere ngo biterwa n’uko abana bo muri uyu Murenge badakunda ishuri, gusa ngo bakaba barafashe ingamba zituma bazava kuri uyu mwanya nkuko ushinzwe uburezi muri Butare, Imani Jonathan yabitangaje
Muri rusange ariko, Umuyobozi w’urwego rw’ uburezi mu Karere ka Rusizi Nteziyaremye Jean Pierre arishimira umusaruro w’umwaka wa 2012 kuko ngo uruta uw’umwaka wawubanjirije
Nteziyaremye kandi avuga ko ababyeyi bamaze kugirira icyizere amashuri yo mu burezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda na 12 kubera imitsindire y’abana bayigamo
Abana 36 ku ijana bagiye mu bigo by’indatwa bavuye mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 mu mwaka w’amashuri wa 2012. Mu ngamba zafashwe kugira ngo umusaruro uzamuke harimo gukurikirana imyigishirize mu bigo aba bayobozi b’amashuri bayobora kandi bakagira imihigo n’abarezi kugira ngo bazarusheho gutsindisha muri uyu mwaka w’amashuri.




