Rwanda | Ruhango: Mutarama irarangira amacumbi y’abarimu amaze kuboneka
Posted on January 17, 2013 by admin in Umwarimu
Guverineri w’intara y’amajyapfo Munyantwari Alphonse, aravuga ko imirimo yo kubaka amacumbi y’abarimu igeze kure ngo akaba yizera ko mu mpera z’uku kwezi azaba yamaze kuzura mu karere ka Ruhango ndetse no mu tundi turere tugize iyi ntara.
Ubwo yasuraga akarere ka Ruhango tariki ya 04/01/2013 areba aho imyubakire y’amacumbi y’abarimu igeze, Munyantwari yavuze ko iyi mirimo izarangirana n’ukwezi kwa Mutarama.
Yagize ati “murabona hari hamwe bamaze kuyakinga, aho bitarakemuka turimo gusaba abayobozi b’uturere kugirango bashyiremo imbaraga iyi mirimo ive munzira”
Tariki ya 11/01/2013, ubwo twazengurukaga mu mirenge imwe igize akarere ka Ruhango, wasangaga aribwo iyi mirimo yo kubaka amacumbi y’abarimu igitangira.
Iyo uganiriye n’abakurikiranira hafi inyubako z’aya macumbi, bahamya ko iyi mirimo ikiri kure kuko ngo nibura bisaba andi mezi Atari munsi y’atandatu kugirango abe arangiye.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri bavuga ko idindira ry’iyi mirimo byatewe no kubura ibikoresho birimo nk’amatafari, gusa ubu ngo ibikoresho byose bimaze kuboneka bakaba bizeza abantu ko iyi mirimo igiye kwihutishwa.
Biteganyijwe ko buri murenge uzajya wubuka icumbi rimwe rizajya ribamo abarimu bagera ku munani.




