Rwanda | Kamonyi: Abubaka ibyumba by’amashuri barasabwa kwirinda amakosa ashobora guturuka mu kudakora neza uwo murimo
Posted on October 25, 2012 by admin in Ibikorwa

Abashinzwe gukurikirana iyubakwa ry’ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12, barasabwa gukurikiranira umunsi ku wundi uburyo aya mashuri yubakwa, kugira ngo hakumirwe ko habaho amwe mu makosa ashobora guturuka ku kubaka nabi.
Ibi Umuyobozi w’uburezi mu Karere bwana Uwamahoro Fidele yabisabye abatekenisiye bashyizweho na Minisiteri y’uburezi ngo bakurikirane inyubako z’amashuri mu Mirenge igize aka Karere, mu nama yabereye ku Karere kuri uyu wa gatatu tariki ya 24 Ukwakira 2012.
Muri iyi nama hagarutswe ku kurebera hamwe uko ubwubatsi buhagaze Umurenge ku wundi, bareba ibibazo bihari ndetse n’ingamba zafashwe kugira ngo aya mashuri yubakwe kandi arangire mu gihe cya vuba kandi mu buryo bunoze.
Uwamahoro Fidele yibukije aba batekinisiye bo mu Mirenge ko ari bo bagomba gufata iya mbere mu gukurikirana niba aya mashuri yubakwa mu buryo bwiza, akaba yanabasabye kumenya imikoreshereze y’ibikoresho bitangwa ku nyubako,uburyo bisohoka bijya ahagomba kubakwa ndetse n’ingano ya byo.
Muri rusange, abatekinisiye ba Minisiteri y’uburezi ari nabo bakurikirana uko aya mashuri yubatse mu Murenge bagaragaje ko imirimo igenda neza ndetse ko n’iyo hari ikibazo kigaragaye bafatanya n’ubuyobozi bw’Umurenge kugikemura.
Ku birebana n’imyubakire kandi, Ing. Bwana Karemera Alphonse ukuriye aba batekinisiye ba Minisiteri mu Karere, yavuze ko bakora ibishoboka byose bakareba uburyo aya mashuri yubakwa kandi mu buryo bwubahirije ibipimo byatanzwe, bakaba bizeye ko nta makosa y’imyubakire azabaho muri izi nyubako z’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12, kuko n’abakozi bakurikirana iyi mirimo bafite ubumenyi buhagije mu myubakire.
Uyu mwaka w’ingengo wa 2012/2013, mu Karere ka Kamonyi harubakwa ibyumba by’amashuri bigera kuri 74, ubwiherero 120 n’amacumbi y’abarimu 12 ni ukuvuga icumbi rimwe muri buri Murenge. Izi nyubako zigeze ku bipimo bishimishije kuko amashuri mu Mirenge imwe n’imwe barangiye gusakara bakaba basigaje gukora amasuku.



