May 22, 2013

Rwanda : Rubavu abana b’abakobwa 20 nibo batwaye inda batarageza ku myaka 18

Posted on September 6, 2012 by in Imyitwarire

Kuba akarere ka Rubavu gaturiye umupaka ndetse kakaba na hamwe

muhagendwa cyane biri mubituma abana b’abakobwa bahura n’ibishuko

by’abagabo bagaterwa inda batarageza imyaka y’ubukure.

 

Nkuko bisobanurwa n’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho

myiza y’abaturage mu karere ka Rubavu Madame, Nyirasafari

Rusine Rachel avuga ko kuva mu mwaka wa 2010-2011 abana b’abakobwa 20

biga mu mashuri abanza batwaye inda zidateganyijwe.

 

Akavuga ko kuba akarere ka Rubavu kagendwa n’abantu batandukanye kandi

kakaba k’umupaka biri mubitera ugutwara inda kw’abana b’abakobwa

batarageza imyaka y’ubukure, ikindi avuga ni uko

kuba akarere ka Rubavu kari mu turere twegeranye na Congo ahaboneka

ibiyobyabwenge ndetse Rubavu ikaba inzira binyuzwamo bijya mu Rwanda

nayo ari inzitizi.

 

Zimwe mu ngamba zafashwe kugira ngo akarere gahangane n’iki kibazo zirimo

gushyira abarezi muri buri kigo bashinzwe uburezi bw’umwana w’umukobwa,

kugira ngo babagire inama y’uko bitwara ndetse bagashishikariza ababyeyi

kwita kubana babo igihe batashye.

 

Nubwo ubuyobozi bubona impamvu nyamukuru ikurura iki kibazo ingamba

zifatika zagombye gufatwa n’ababyeyi bakurikirana imyitwarire y’abana

aho kubatererana bakigira mu kazi. Abana b’abakobwa bo bakaba bavuga ko

benshi bagira n’ibibazo by’imyorororkere bakabura uwo babiganiriza

kuko ababyeyi batabemerera uretse kubyumvana abandi bashobora no

kubashuka.

 

Iki kibazo cy’uko abana b’abakobwa bari mu gihe cy’imyaka 10 kuzamura

bahura n’ibibazo by’ababaganiriza k’ubuzima bwabo umushinga Girl Hub

ugiye gutangiza gahunda yo kwegera abana b’abakobwa bafite

hagati y’imyaka 10-12 kugira ngo bategure ejo heza habo kandi bifitiye icyizere.

 

Bikaba byaragagaye ko umwana uri muri kiriya kigero uburere ahawe

ashobora kubugenderaho ndetse bakazatozwa kuzigama, kwitegurira

ubuzima bwejo hazaza no gukura inzitiza bahura nazo m’ubuzima

bagendeye kubyo batazi kuko iyi gahunda izajya ibibaganiriza, ikaba

iteganyijwe gutangirana na 2013

 

 

 

Tags: , , , ,

Leave a Reply

Please fill the required box or you can’t comment at all. Please use kind words. Your e-mail address will not be published.

Gravatar is supported.

You can use these HTML tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>