Rwanda | RUSIZI: BUGARAMA BARISHIMIRA GAHUNDA Y’UBUREZI BW’IMYAKA 12.
Posted on August 31, 2012 by admin in Ibikorwa
Mu murenge wa Bugarama barishimira gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12. Abo twaganiriye nabo, ni ababyeyi bafite abana biga mu kigo cy’amashuli cya Muko mu kagari ka Pera, mu byo bishimira ni uburyo iyo gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 ibegereye bityo abanyeshuri bakaba nta ngendo ndende bibasaba ngo bagere aho bigira, kuri ibi hakaniyongeraho n’uko ibikoresho byasabwaga mbere na bwo byabaga ari byinshi ntibiborohere na gato kubibona. Mu kungurana ibitekerezo hari ibyifuzo batanze, bakaba basabye ko bene ayo mashuli yakomeza gukwirakwizwa hirya no hino hose arushaho kwegerezwa mugiturage kuko hose atarahagera.
Ubwo gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9,yatangizwaga aho mu Bugarama ku ikubitiro habanje aho ku kigo cy’amashuli cya Muko hahise huzuzwa ibyumba 16, hajeho gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 mu mwaka ushize wa 2011 bubaka ibyumba 6, naho muri uyu wa 2012 barimo kubaka ibindi byumba bitatu nabyo biri hafi kuzura. GATERA Egide Umunyamabanganshingwabikorwa w’uwo murenge wa Bugarama akomeje gushimira uburyo ibyo bikorwa abaturage bamaze kubigira ibyabo, aha akaba anatangaza ko ibi bije ari igisubizo ku rubyiruko kuko ngo mbere wasangaga rwandagaye.
Mu bindi bakomeje badutangariza ni uko kugeza ubu nta mbogamizi zihari mu birebana n’iyo gahunda y’uburezi ngo nubwo bigitangira hari abatarabyumvaga neza mbere batitabira gutanga uwo musanzu w’inyubako wasabwaga ariko ubu bakaba bibwiriza kuwutanga kuko bamaze kubona akamaro k’ayo mashuri.



