Rwanda : Biyubakiye ishuri barwanya urugendo rurerure rwakorwaga n’abana babo
Posted on August 28, 2012 by admin in Ibikorwa
Akagari ka Rwesero mu murenge wa Kirehe ho mu karere ka Kirehe biyubakiye ishuri mu rwego rwo guteza imbere uburezi bw’abana babo kuko bakoraga ibirometero birenze umunani bajya ku ishuri
Abatuye mu kagari ka Rwesero ho mu murenge wa Kirehe bavuga ko bishimira ishuri bubakiye abana babo nyuma yo kubona ko bakora urugendo rurerure bajya ku ishuri bakaba bavuga ko babanje kugura ikibanza gihwanye na miliyoni zigera kuri ebyiri n’igice aho nyuma yaho bahise banaryubaka, bakaba barubatse ibyumba bine kuri ubu abana bakaba batagikora urugendo runini bajya ku ishuri.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kirehe Nsengiyumva Appolinaire avuga ko aba baturage bafashe icyemezo cyo kubakira abana babo amashuri nyuma yo kubona ko aba bana bakoraga urugendo runini bajya ku ishuri bakaba baraguze ikibanza, bubaka amashuri ane, ubu bari kubaka amashuri atatu yose hamwe bakazaba bamaze kubaka amashuri 7 y’abana babo, uyu muyobozi akomeza avuga ko ubundi bajyaga kuri Groupe scolaire ya Kirehe aho wasangaga bakora urugendo rurerure.
Aba baturage batuye akagari ka Rwesero ubusanzwe nibo baza ku mwanya wa mbere igihe cy’imihigo mu murenge wa Kigina aho usanga bitabira guhunda za Leta zirimo ubwisungane mu kwivuza n’ibindi, ubu ibyumba by’amashuri bitatu barimo kubakwa bakaba biyemeje kuzaba babirangije mu kwezi kwa cyenda k’uyu mwaka wa 2012.



